Rwanda: abami b’ibitekerezo, abami bategetse imyaka isaga 648.

septembre 1, 2023

Abami b’ibitekerezo ni abami 22 bazwi neza igihe bategekeye n’ibyabaye ku ngoma zabo. Batangirira kuri Ruganzu I Bwimba(1312) bagaherukira kuri Kigeli V Ndahindurwa(1960). Ni ukuvugako bayoboye u Rwanda imyaka isaga 648.

Bakaba barabisikanaga gutya mu Mazina: Cyilima-Kigeli-Mibambwe -Yuhi-Mutara-Kigeli-Mibambwe-Yuhi-Cyilima- Kigeli-Mibambwe-Yuhi-Cyilima

Dore itonde ry’Abami b’ibitekerezo n’Abagabekazi babo:

1. Ruganzu Bwimba+Nyiraruganzu Nyakanga(Umugabekazi wakomokaha mu Ega)

2. Cyilima Rugwe+Nyiracyilima Nyakiyaga (Umugabekazi wakomokaga mu Singa)

3. Kigeli Mukobanya+Nyirakigeli Nyankuge (Umugabekazi wakomokaga mu Bakono)

4. Mibambwe Mutabazi Sekarongoro +Nyiramibambwe Nyabadaha( Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

5.Yuhi Gahima+Nyirayuhi Matama(Umugabekazi wakomokaga mu Bakono)

6. Ndahiro Cyamatare +Nyirandahiro Nyirangabo(Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

7. Ruganzu Ndoli +Nyiraruganzu Nyirarumaga(Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

8.Mutara Semugeshi+ Nyiramuvugo Nyirakabogo (Umugabekazi wakomokaga mu Singa)

9. Kigeli Nyamuheshera +Nyirakigeli Ncenderi (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

10. Mibambwe Mutabazi Gisanura + Nyiramibambwe Nyabuhoro (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

11. Yuhi Mazimpaka +Nyirayuhi Nyamurembo (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

12. Karemera Rwaka +Nyirakaremera Rukoni (Umugabekazi wakomokaga mu Bakono)

13. Cyilima Rujugira + Nyiracyilima Kirongoro (Umugabekazi wakomokaga mu Baha)

14. Kigeli Ndabarasa +Nyirakigeli Rwesero (Umugabekazi wakomokaga mu Baha)

15. Mibamwe Sentabyo +Nyiramibambwe Nyiratamba (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

16. Yuhi Gahindiro +Nyirayuhi Nyiratunga (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

17. Mutara Rwogera +Nyiramuvugo Nyiramongi (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

18. Kigeli Rwabugili +Nyirakigeli Murorunkwere (Umugabekazi wakomokaga mu Bakono)

19. Mibambwe Rutalindwa +Nyiramibambwe Kanjogera (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

20. Yuhi Musinga+ Nyirayuhi Kanjogera (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

21. Mutara Rudahigwa +Nyiramuvugo  Kankazi (Umugabekazi wakomokaga mu Ega)

22. Kigeli Ndahindurwa +Nyirakigeli Mukashema (Umugabekazi wakomokaga mu Ega).

Byavuye mu gitabo “Imizi y’u Rwanda, Amateka y’u Rwanda kuva mu wa 300 kugeza mu w’1900”.